Kimwe n’urundi rubyiruko rwinshi rubona YouTube nk’urubuga bahangiraho imirimo, Miss Muyango Claudine, na we yinjiye muri uyu mujyo ndetse yateguje abamukurikira uruhererekane rw’ibiganiro yise ‘Who is my date today’.
Ibi biganiro bizaba biyoborwa na Director Gad, Miss Muyango yatangiye kubirarikira abakunzi be n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.
Amakuru IGIHE ifite ni uko ibi biganiro bizaba byibanda mu kuba Miss Muyango azajya atumira ibyamamare n’abandi bantu batandukanye bakajya kuganira banasangira.
Miss Muyango wabaye umukobwa uberwa n’amafoto muri Miss Rwanda 2019, asanzwe ari umunyamakuru ku Isibo TV, akazi afatanya no gutegura ibirori byo kureshya abakiriya mu tubari dutandukanye.
Muyango ukunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, izina rye ryongeye kuvugwa cyane nyuma y’aho ashakaniye na Yves Kimenyi wabaye umuzamu mu makipe atandukanye akomeye hano mu Rwanda.
Nubwo tutabashije kumubona ku murongo wa telefone ngo adusobanurire byimbitse iby’iyi filime, byitezwe ko mu minsi ya vuba Miss Muyango aba yatangiye kuyisangiza abamukurikira.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!