IGIHE

King James na Riderman bujuje barindwi bagiye kuzenguruka igihugu muri ’MTN Iwacu Muzika Festival’

0 14-06-2025 - saa 08:07, Uwiduhaye Theos

King James yabaye umuhanzi wa karindwi wiyongereye kuri ku muraperi Riderman wari watangajwe mu bategerejwe mu bitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’, bigiye kuzenguruka intara zose z’igihugu.

King James yatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Kamena 2025. Yabaye umuhanzi mukuru wa kabiri utangajwe mu bagomba kuririmba muri ibi bitaramo.

Riderman yari yatangajwe nyuma y’abandi bahanzi barimo Ariel Wayz watangajwe ku ikubitiro, Juno Kizigenza, Nel Ngabo, Kevin Kade na Kivumbi King.

Nta yandi makuru aratangazwa ajyanye n’ibi bitaramo, igihe bizabera n’aho bizahera.

Umwaka ushize byari byaririmbyemo abahanzi barimo Bruce Melodie, Bwiza, Bushali , Kenny Sol , Ruti Joel, Chris Eazy na Danny Nanone.

Ibi bitaramo bitegurwa na EAP Rwanda ku bufatanye na MTN Rwanda.

Reba ‘Mowana”, indirimbo King James aheruka gushyira hanze

Reba ‘Ligaki’, indirimbo Riderman aheruka guhuriramo na Fireman

Riderman yongewe mu bahanzi bazaririmba mu bitaramo bya Iwacu Muzika Festival nk'uwo wa gatandatu
King James yabaye umuhanzi wa karindwi watangajwe mu bazataramira mu bitaramo bya Iwacu Muzika
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza