IGIHE

KFK ugezweho i Kigali yasobanuye imvano y’indirimbo ‘Muraho’ yakomoye ku ya Shallipopi

0 13-06-2025 - saa 19:58, Uwiduhaye Theos

Kid From Kigali [KFK] uri mu bahanzi bagezweho mu Rwanda yasobanuye imvano y’indirimbo ‘Muraho’ yakoranye na thedicekid, aheruka gusubiramo ayikomoye kuri ‘Laho’ ya Shallipopi uri mu bahanzi bagezweho muri Nigeria.

KFK yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, aho yavuze ko yakomotse ku munsi bagiye gusura inshuti ze, bacuranga ‘Laho’ agatangira kuririmba ngo ‘Muraho’, bakaza kugira igitekerezo kivuye kuri uwo muntu.

Ati “Hari umuntu twagiye kureba bashyiramo ‘Laho’ ya Shallipopi, na we atangira kuririmba ngo ‘Muraho’. Twavuye aho tujya kwa Ehl3rs, kuyisubiramo. Twayikoze tudashaka gukora ikintu kigoranye. Muraho ni nziza kandi igomba kuba ihari muri ibi bihe twinjiyemo by’impeshyi.”

KFK ni umwe mu bahanzi bari kuzamuka ndetse mu minsi yashize ni umwe mu bitabajwe basusurutsa abantu batandukanye bari bitabiriye BAL yaberaga i Kigali.

Uretse ‘Muraho’ yasubiranyemo na thedicekid, yakoze izindi ndirimbo zitandukanye zamenyekanye nka ‘Code’, ‘Patience’, ‘Racks’ yakoranye na Ish Kevin, ‘Business’ yakoranye na Skilla Baby wo muri Amerika na Major Kev n’izindi.

Uyu musore w’imyaka 26 ubusanzwe avuka mu muryango wa Alpha Rwirangira ndetse na Laika Umuhoza, uri mu bahanzikazi bagezweho mu Mujyi wa Kampala muri Uganda.

Reba Muraho indirimbo KFK aheruka gusubiramo

Reba ikiganiro KFK na Kenny K-Shot baheruka kugirana na IGIHE

Reba ‘Laho’ ya nyayo ya Shallipopi na Burna Boy

Uretse ‘Muraho’ yasubiranyemo na thedicekid, KFK yakoze izindi ndirimbo zamenyekanye nka ‘Code’, ‘Patience’ na ‘Racks’
KFK ugezweho i Kigali yasobanuye imvano y’indirimbo ‘Muraho’ yakomoye ku ya Shallipopi
Kid From Kigali ni umuhanzi uri mu bagezweho i Kigali
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza