Nyuma yo gutaramira mu Bubiligi ku wa 7 Kamena 2025 mu gitaramo cyitabiriwe n’abakunzi b’umuziki batari bake, Aline Gahongayire agiye gukomereza i Paris ibitaramo bye yise ‘Ndashima’.
Aline Gahongayire uherekejwe n’abahanzi barimo Josh Ishimwe, Emmy Vox na Peace Hoziyana byitezwe ko azataramira i Paris ku wa 14 Kamena 2025.
Kwinjira muri iki gitaramo ku bazagura amatike kare ni 30€ na 40€ mu gihe abazagurira amatike ku muryango buri tike izaba yiyongereyeho 10€.
Mu kiganiro aherutse kugiranye na IGIHE, Gahongayire yavuze ko yifuza gutegura ibitaramo nk’ibi byinshi ku buryo byajya biha amahirwe abahanzi bagezweho mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, bagahura n’abakunzi babo bo muri Diaspora.
Ati “Twe urebye tumaze igihe muri ibi bintu, hari amahirwe tutabonye mu gihe cyacu, ariko ubu mu bushobozi bwacu hari ibyo twafasha barumuna bacu. Ndifuza ko ibi bitaramo byakwaguka nkajya mbasha gutumira abahanzi bagezweho bakabasha kujya gutaramira abakunzi babo bo muri Diaspora.”
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!