IGIHE

Ibirori byo kwizihiza Umunsi Mukuru wo Kwibohora byashyushye muri ‘Diaspora’

0 3-07-2025 - saa 21:33, Nsengiyumva Emmy

Mu gihe mu Rwanda twitegura ibirori byo kwizihiza umunsi wo Kwibohora uba ku wa 4 Nyakanga 2025, abo muri ‘diapora’ na bo ntibicaye ubusa, abahanzi batandukanye bakomeje kwerekeza mu bihugu bazataramiramo mu birori nk’ibyo.

Abanyarwanda batuye mu Bubiligi, U Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Congo Brazaville, Zimbabwe n’ahandi hatandukanye bakomeje imyiteguro yo kwizihiza umunsi wo Kwibohora bazasusurutswamo n’abahanzi banyuranye.

Cyusa Ibrahim n’itorero Inganzo Ngari berekeje muri Congo Brazaville

Cyusa Ibrahim aherekejwe n’Itorero Inganzo Ngari berekeje muri Congo Brazaville aho bategerejwe guhurira mu birori byo kwizihiza umunsi wo Kwibohora bizaba ku wa 4 Nyakanga 2025.

Aba banyamuziki bahagurutse mu Rwnada ku wa 2 Nyakanga 2025 berekeza i Brazaville, bakazasusurutsa Abanyarwanda bazahurira muri Hotel Hilton.

Cyusa n'abo mu Itorero Inganzo Ngari ubwo bari bahagurutse ku kibuga cy'indege cya Kigali i Kanombe

Ruti Joel ategerejwe mu Bwongereza

Ku wa 4 Nyakanga 2025 Ruti Joel uzaba ari kumwe n’umucuranzi we Clement, bazaba bari kubarizwa mu Bwongereza aho bazasusurutsa Abanyarwanda mu birori byo kwizihiza umunsi wo Kwibohora.

Ibi birori biteganyijwe ko bizabera ahitwa ‘The Royal Regency’ mu Mujyi wa Londre, bikazahuriza hamwe Abanyarwanda batuye mu Bwongereza bazaba bizihiza umunsi wo #Kwibohora31.

Kitoko azaba ataramana n’abatuye mu Bubiligi

Kitoko uri mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki w’u Rwanda ariko kuri ubu akaba asigaye atuye mu Bwongereza, ategerejwe mu gitaramo cyo kwizihiza umunsi wo #Kwibohora31 kizabera mu Bubiligi.

Iki gitaramo giteganyijwe ku wa 5 Nyakanga 2025, kizabera ahitwa Proximus Lounge mu Mujyi wa Bruxelles ahazaba hakoraniye Abanyarwanda batuye mu Bubiligi.

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibirori byo #Kwibohora31 byahuriranye na Rwanda Convention USA

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibirori byo #Kwibohora31 byahuriranye na Rwanda Convention USA yatumiwemo abahanzi batandukanye bazasusurutsa abazabyitabira.

Ku wa 4 Nyakanga 2025 byitezwe ko abazitabira iki gikorwa bazasusurutswa n’itorero ribyina gakondo, mu gihe The Ben, Element na Kevin Kade bazasusurutsa abazitabira iki gikorwa ku wa 5 Nyakanga 2025.

Ku wa 6 Nyakanga 2025 hateganyijwe umunsi w’amasengesho yo gusabira u Rwanda azayoborwa na Apôtre Dr Paul Gitwaza mu gihe Meddy ariwe uzataramira abazitabira iki gikorwa.

Massamba Intore niwe utarabashije kwitabira Rwanda Convention USA, icyakora abarimo Kevin Kade na Element bongewe mu bazatarama muri ibi birori bizaba birimo The Ben na Meddy

Massamba Intore n’Itorero Urukerereza bageze mu Buyapani

Massamba Intore n’Itorero ry’Igihugu Urukerereza bageze mu Buyapani aho bazasusurutsa abazitabira ibirori byo Kwibohora bizabera mu Mujyi wa Osaka ahari no kubera imurikagurisha mpuzamahanga rya ’World Expo2025’.

Ni ibirori byanitabiriwe n’abarimo Minisitiri Prudence Sebahizi ushinzwe inganda n’ubucuruzi uzaba yifatanya n’abandi banyarwanda mu birori byo kwizihiza #Kwibohora31.

Massamba Intore n'Itorero Urukerereza bamaze kugera mu Buyapani
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza