IGIHE

Icyo Riderman abona Minisiteri ishinzwe abahanzi ikwiriye gukora ngo batere imbere (Video)

0 27-05-2024 - saa 12:03, Nsengiyumva Emmy

Umuraperi Riderman uri mu bafite izina rikomeye mu muziki w’u Rwanda, yavuze ko nubwo abahanzi bishimira bikomeye ko Leta yabatekerejeho ikabaha Minisiteri ishinzwe guteza imbere abahanzi, bakeneye kurushaho kubona ibikorwa byayo.

Riderman ahamya ko kuba uyu munsi mu Rwanda hari Minisiteri ishinzwe guteza imbere abahanzi ari ibintu bishimishije cyane ko cyari icyifuzo cya benshi kuva mu myaka yo ha mbere.

Ibi Riderman yabikomojeho mu kiganiro cyihariye aherutse guha IGIHE, ubwo yari abajijwe ku gisobanuro cyo kuba uyu munsi abahanzi bafite Minisiteri ibashinzwe.

Ati “Ni ibintu byiza kuko kuva na cyera twarabisabaga, ariko nanone kugeza uyu mwanya ntabwo turabona ibintu byinshi bakora. Nubwo ari ibintu byiza twishimira ko twayibonye, dukeneye kubona ibikorwa byayo.”

Riderman yavuze ko mu bikorwa iyi Minisiteri yakora abahanzi bakumva banyuzwe ari uko yaharanira kugarura bimwe mu bikorwa byari bisanzwe bihari uyu munsi byacitse.

Ati “Ni byinshi, mu by’ukuri bagahereye ku byari bihari bimeze nk’ibyacitse. Mu Rwanda hari amaserukiramuco yaba mu muziki na sinema yamaze gucika. Hari make usanga ahari ariko usanga akeneye imbaraga za Leta.”

Riderman ahamya ko hakwiye kwigwa uburyo Minisiteri ishinzwe guteza imbere abahanzi yakabaye ibafasha kubona abashoramari binjira mu muziki, bityo bikabafasha kuwugeza ku rwego mpuzamahanga.

Icyakora ku rundi ruhande, Riderman ashima bikomeye uburyo Minisitiri muri Minisiteri ishinzwe guteza imbere abahanzi muri iyi minsi akunze kugaragaza ubushake bwo gushyigikira abahanzi, gusa agasaba ko haboneka abashoramari benshi mu muziki.

Ibi Riderman abikomojeho mu gihe habura iminsi mike agasohora album ye nshya ‘Icyumba cy’amategeko’ igizwe n’indirimbo esheshatu zose yakoranye na Bull Dogg. Izajya hanze ku wa 30 Gicurasi 2024.

Riderman na Bull Dogg bahuriye muri album 'Icyumba cy'amategeko'
Indirimbo esheshatu Riderman yitegura gushyira hanze
Riderman yavuze ko Minisiteri ikwiye gushaka ibikorwa biteza abahanzi imbere ishyiramo imbaraga aho kugira ngo bishimire ko ihari gusa
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza