Nyuma yo gushyira hanze igisigo ‘Arubatse’ yahuriyemo na Murekatete, Dogiteri Nsabii avuga ko nubwo atinjiye mu busizi nk’umwuga ariko mu by’ukuri muri iyi minsi aho ubuhanzi bugana nta kintu umuntu atakora mu gihe abona ko bishobora kuzamufasha.
Dogiteri Nsabii usanzwe amenyerewe muri sinema y’u Rwanda, mu buryo butunguranye yumvikanye mu gisigo ‘Arubatse’ yakoranye n’umusizi Murekatete.
Mu kiganiro na IGIHE, Dogiteri Nsabii yavuze ko mu by’ukuri yakoze mu nganzo mu rwego rwo gufasha umusizi Murekatete wari wamwiyambaje.
Ati “Sinzi niba navuga ko nabigira umwuga, icyo nzi ni uko nkiri umwana nabikoraga ariko nabwo atari ibintu nshyizeho umutima. Umunsi Murekatete yanyiyambaje nanjye nemeye kumufasha kuko ubuhanzi aho bugana nta kintu umuntu atakora abaye agishoboye.”
Dogiteri Nsabii yavuze ko atumva ukuntu abantu batungurwa n’uko yakoze igisigo nyamara batatungurwa mu gihe bakumva umuhanzi runaka yinjiye muri sinema.
Ati “None se ngaho tubwizanye ukuri, ubu mu gitondo dusanze Bruce Melodie cyangwa The Ben bari gukina filime twatungurwa? Ni nk’uko nanjye rero nta wagatunguwe yumvise ko nakoze igisigo.”
Nsabimana Eric umaze kubaka izina nka Dogiteri Nsabii muri sinema n’ikinamico mu Rwanda, ni umwe mu bakora uyu mwuga wihimbiye umwihariko wo kwambara umwenda umuranga, imyitwarire n’imivugire yihariye mu kazi ke.
Kanda hano wumve igisigo ’Arubatse’ cya Murekatete na Dogiteri Nsabii
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!