IGIHE

Coach Gael mu biganiro byo gushyira Bruce Melodie mu biganza bya ‘Africa Creative Agency’ ikorana na Tyla

0 11-06-2025 - saa 09:47, Nsengiyumva Emmy

Coach Gael uri muri Afurika y’Epfo, mu ijoro ryo ku wa 10 Kamena 2025 yahuye na Collin Gayle washinze ‘Africa Creative Agency’, aho mu byo baganiriye harimo no kumuha Bruce Melodie ngo bamufashe mu bijyanye na ‘management’.

Coach Gael washinze 1:55 AM Ltd isanzwe ikorana na Bruce Melodie, ubwo yari muri Afurika y’Epfo yahuye na Collin Gayle washinze ‘Africa Creative Agency’, bagirana ibiganiro bitandukanye birimo no kurebera hamwe uko bakorana mu guteza imbere umuziki wa Bruce Melodie.

Mu kiganiro kigufi IGIHE yagiranye na Coach Gael, yagize ati “Ni ibyishimo kuri njye guhura n’umugabo wakoze ibikorwa bikomeye mu muziki n’imyidagaduro ya Afurika y’Epfo. Kimwe mu byo twaganiriye harimo kurebera hamwe uko twakorana kuri Bruce Melodie bakadufasha muri ‘Management’ ye.”

Ibi bije bikurikira ko Coach Gael na 1:55 AM Ltd bari bamaze igihe batekereza uko bakongera muri sosiyete yabo umuhanga wajya ubafasha mu gukurikirana ibikorwa by’abahanzi no kubibyaza inyungu.

Collin Gayle asanzwe ari umwe mu nkingi za mwamba mu muziki wa Afurika y’Epfo, binyuze muri sosiyete ye ‘Africa Creative Agency’ akoranamo n’abarimo Tayla, Nasty C n’abandi benshi.

Uretse umuziki, ‘Africa Creative Agency’ igira n’uruhare muri sinema, iyi ikaba ari na yo yagize uruhare mu ikorwa rya filime "Queen Sono" ya Pearl Thusi iri mu zikunzwe kuri Netflix.

Coach Gael ari kumwe na Collin Gayle washinze 'Africa Creative Agency' isanzwe ikorana n'abarimo Tyla na Nasty C
Ubwo Tyla yajyaga gufata igihembo cya Grammy yari yajyanye n'ubuyobozi bwa 'Africa Creative Agency' isanzwe imufasha
Collin Gayle n'umugore we ni bo bashinze 'Africa Creative Agency' aha bari kumwe na Tyla mu birori bya Grammy Awards uyu mukobwa yanegukanye
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza