IGIHE

Nel Ngabo na Kevin Kade bongewe mu bazaririmba mu bitaramo bya ‘Iwacu Muzika Festival’

0 10-06-2025 - saa 16:28, Uwiduhaye Theos

Kevin Kade na Nel Ngabo biyongereye ku rutonde rw’abahanzi bazaririmba mu bitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’, bigiye kuzenguruka intara zose z’igihugu, biba ubwa mbere Nel Ngabo ubarizwa muri Kina Music azaba aririmbye muri ibyo bitaramo ngarukamwaka.

Uyu muhanzi yabaye uwa gatatu watangajwe ku mbuga nkoranyambaga za EAP Rwanda itegura ibi bitaramo, ndetse na MTN Rwanda isanzwe ariyo muterankunga mukuru w’ibi bitaramo.

Mu kiganiro na IGIHE Nel Ngabo yavuze ko ari ikintu gikomeye kuri we, kuba agiye kuririmba mu ntara zose z’igihugu binyuze muri ibi bitaramo. Ati “Icyo navuga ni uko ari ikintu cyiza cyane kuri njye, kuko bizamfasha kongera uburambe n’ubumenyi mu mwuga wanjye rwose.”

Nel Ngabo yatangajwe nyuma ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza, baherukaga gutangazwa nk’abazaririmba muri ibi bitaramo.

Ni mu gihe umuhanzi wa kane watangajwe ku rutonde rw’abazaririmba muri ibi bitaramo ari Kevin Kade.

Kugeza ubu ntabwo ibijyanye n’amatariki n’aho ibi bitaramo bizanyura haratangazwa.

Ibi bitaramo bitegurwa na East African Promoters[EAP] ku bufatanye na MTN Rwanda, cyane ko ariyo mutenkunga mukuru.

Reba ‘Best Friend’, indirimbo Nel Ngabo aheruka gushyira hanze

Nel Ngabo yabaye umuhanzi wa Gatatu muri barindwi bazaba bari MTN Iwacu Muzika 2025
Bwa mbere Nel Ngabo agiye kugaragara mu bitaramo bya ‘Iwacu Muzika Festival’
Kevin Kade yabaye umuhanzi wa kane utangajwe mu bazaririmba mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza