IGIHE

Iteramakofe: Ku nshuro ya mbere hagiye kubaho Irushanwa ryo Kwibohora ririmo n’amakipe yo hanze

0 9-06-2025 - saa 19:15, Iradukunda Olivier

Abakinnyi 34 b’iteramakofe baturutse mu makipe 16 arimo arindwi yo muri Uganda, bazahurira mu Rwanda mu irushanwa Mpuzamahanga ryo kwizihiza Umunsi wo Kwibobora, rizaba riri gukinwa bwa mbere.

Nk’uko bisanzwe amwe mu mashyirahamwe y’imikino mu Rwanda ategura amarushanwa agendanye n’umunsi wahariwe kwibohora k’u Rwanda, uba tariki ya 4 Nyakanga buri mwaka.

Nyuma y’umunsi umwe gusa u Rwanda rwizihije uyu munsi, ni bwo muri Gymnase ya Lycee de Kigali hazabera imikino 16 y’irushanwa rya ‘Liberation Boxing Talent Competition’, rizaba mu byiciro bitandukanye birimo iby’abato ndetse n’abakuze.

Ni irushanwa ryateguwe n’ikipe y’umukino w’iteramakofe ya Bodymax Boxing Club.

Umuyobozi Mukuru wayo, Asmini Emma, yavuze ko icyasabwaga kugira ngo hitabire amakipe yo hanze ari ibikoresho mpuzamahanga kandi byamaze kuboneka.

Ati “Imyiteguro imeze neza yararangiye. Twasabwaga ‘Ring’ nziza n’ibindi bikoresho byatuma haba imikino mpuzamahanga kandi byamaze kuboneka.”

Icyiciro cyo gupima ubuzima bw’abakinnyi cyararangiye, nk’uko biteganywa n’Ishyirahamwe ry’Imikino y’Iteramakofe ku Isi (IBA).

Iri rushanwa rizakinwa tariki ya 5 Nyakanga 2025, rizaba ririmo abakinnyi bakiri bato bari hagati y’imyaka 13 kugera kuri 16. Ikindi cyiciro ni icy’abakuze kuva ku myaka 19 kugeza kuri 40, kikazakinwamo abagabo n’abagore.

Abakinnyi bakomeye bazahatanira Irushanwa ryo Kwibohora rigiye kuba bwa mbere
Irushanwa rizakinwa ku nshuro ya mbere
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza