IGIHE

Youssouf Ndayishimiye na Caleb bagiye kugura ikipe y’iwabo

0 8-06-2025 - saa 18:51, Byiringiro Osée Elvis

Youssouf Ndayishimiye uzwi nka Nyange na Bimenyimana Bon Fils Caleb bagiye kugura ikipe ya Inter Star y’iwabo mu Burundi, mu rwego rwo kuyifasha gukomera ikegukana ibikombe.

Ndayishimiye asanzwe akinira OGC Nice yo mu Cyiciro mu Bufaransa, mu gihe Caleb we abarizwa muri USM Alger yo muri Algérie, bombi ni abakinnyi ngenderwaho mu Ikipe y’Igihugu y’u Burundi.

Akeza Sports yatangaje ko mu gihe aba bombi bahabwa iyi kipe, Niyungeko Olivier uzwi nka Mutombora watoje Ikipe y’Igihugu yazagirwa Umuyobozi wa Tekinike.

Nzigamasabo Steve wakanyujijeho mu ruhago y’u Burundi azagirwa Perezida w’ikipe, Sahabo Parris akaba umutoza mukuru.

Aba bakinnyi batangaza ko intego ari ukuzamurira urwego iyi kipe bakagura abakinnyi bakomeye ikajya ku rwego rwo guhatanira ibikombe.

Si ibyo gusa kuko izazamura impano z’abato ndetse ikazabafasha kubona amakipe ku Mugabane w’i Burayi.

Youssouf Ndayishimiye na Caleb bifuza kugura Inter Star FC bakuze bafana
Youssouf Ndayishimiye ni umwe mu bakinnyi bakomeye mu Burundi
Bimenyimana Bonfis Caleb ni umwe mu bo Ikipe y'Igihugu y'u Burundi igenderaho
Youssouf Ndayishimiye na Caleb bifuza kugira Inter Star FC ikipe ikomeye mu Burundi no hanze yabwo
Mu gihe Inter Star FC yazagurwa, Olivier Niyungeko azagirwa Umuyobozi wa Tekinike
Nzigamasabo Steve azagirwa Perezida wa Inter Star FC
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza