IGIHE

Burundi: Stade Intwari yangiritse nta munsi ushize isuwe na FIFA

0 13-06-2025 - saa 21:21, Iradukunda Olivier

Stade Intwari y’i Burundi yabereyeho impanuka nta munsi ushize isuwe n’inzobere muri FIFA ishinzwe gusuzuma ibibuga, Mohammed Goulette. Ni impanuka yaturutse ku itara rimwe ryagwiriye stade.

Iyi impanuka yabaye ku wa 13 Kamena 2025, nk’uko byashyizwe hanze mu itangazo ryasohowe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru i Burundi (FFB).

Nk’uko FFB yabigaragaje, nta kibazo kinini iyi impanuka yateje, kandi nyuma y’ibyangiritse hari kurebwa uko byitabwaho.

Ryagize riti “FFB iramenyesha abaturage bose ko nta muntu waburiye ubuzima muri iyi mpanuka, cyangwa ngo habe hari uwakomeretse. Ibyangiritse biraza gusanwa mu gihe itara ryaguye rimaze gukurwaho.”

Itara ryo kuri Stade Intwari ryaguye nta munsi ushize Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ryohereje inzobere mu gusuzuma ibibuga, Mohammed Goulette, ngo arebe niba yaberaho imikino mpuzamahanga nyuma yo kuzura.

Urugendo rwa Mohammed ruzakurikirwa n’irindi tsinda rizoherezwa n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF), ngo bemeze niba iyi stade yajya ku rwego mpuzamahanga.

Stade Intwari yagwiriwe n'itara
Stade Intwari izajya yakira imikino mpuzamahanga
Mohammed Goulette yari yitwaje ibikoresho byose mu gupima ibibuga
Mohammed Goulette yoherejwe i Burundi ngo arebe niba ikibuga cya Stade Intwari cyujuje ibisabwa
Inzobere ya FIFA mu gusuzuma ibibuga yasuye ikibugu cya Stade Intwari y'i Burundi
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza