IGIHE

Diogo Jota n’umuvandimwe we bagiye gushyingurwa

0 5-07-2025 - saa 10:10, IGIHE

Rutahizamu wa Liverpool, Diogo Jota n’umuvandimwe André Silva, bombi barashyingurwa kuri uyu wa Gatandatu saa Tanu mu Mujyi wa Gondomar muri Portugal.

Aba bavandimwe bombi bapfiriye mu mpanuka y’imodoka yabereye hafi y’i Zamora muri Espagne ku wa Kane.

Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Jota na André bashyingurwa muri Gondomar, umujyi uherereye mu bilometero 33 uvuye i Porto.

Ku wa Gatanu, imiryango n’inshuti bahuriye kuri kiliziya ya Gondomar aho imibiri yabo yajyanywe.

Ni mu gihe muri Espagne bakomeje gukora iperereza ku cyateye impanuka. Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko ipine ry’imodoka barimo ryangiritse ubwo bagerageza kunyura ku modoka bari mu cyerekezo kimwe.

Umwe mu bayobozi muri guverinoma ya Espagne, Ángel Blanco, ku wa Kane yavuze ko imodoka yarimo abakinnyi bombi yahiye igakongoka.

Umuganga w’Umunya-Portugal wavuye Jota, Miguel Gonçalves, yavuze ko uyu mukinnyi wa Liverpool yari yaragiriwe inama yo kugenda n’imodoka aho gukoresha indege nyuma y’uko yaherukaga kubagwa ibihaha ku mpera z’umwaka w’imikino.

Abakinnyi batandukanye barimo abakinira Ikipe y’Igihugu ya Portugal na Perezida w’iki gihugu, Marcelo Rebelo de Sousa, bifatanyije n’abandi mu kunamira Jota na murumuna we muri Gondomar ku wa Gatanu.

Mu mikino ya ¼ cy’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe yabaye ku wa Gatanu ndetse n’iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu hari gufatwa umunota wo guha icyubahiro Diogo Jota na André Silva.

Ku wa Gatanu, abantu batandukanye bitabiriye umugoroba wo kunamira Jota n'umuvandimwe we
Perezida wa Portugal, Marcelo Rebelo de Sousa, yifatanyije n'imiryango n'inshuti za Diogo Jota na Andre Silva
Darwin Núñez ukinira Liverpool na we yaritabiriye
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza