IGIHE

APR FC yavuze ku mutoza Darko Nović abafana basabira kwirukanwa

0 13-01-2025 - saa 14:41, Byiringiro Osée Elvis

Mu gihe abafana ba APR FC bakomeje gusabira umutoza Darko Nović kwirukanwa, Chairman w’iyi kipe, Brig Gen Déo Rusanganwa, yavuze ko ifite abatekinisiye, bityo aribo bagomba kuzareba umusaruro we.

Ikipe y’Ingabo yasoje imikino ibanza itsindwa n’Amagaju FC igitego 1-0, ibyasembuye abafana bayo, bongera gusabira umutoza Darko Nović kwirukanwa.

Bamwe mu bafana baganiriye na IGIHE nyuma y’uyu mukino, bagaragaje agahinda kabo ndetse ntibahwemye kuvuga ko umutoza ariwe kibazo muri iyi kipe.

Umuyobozi wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa yavuze ko abatekinisye b’iyi kipe aribo bazareba umusaruro w’umutoza.

Ati “Nibwo tukirangiza imikino ibanza ya Shampiyona, APR ifite abatekinisiye, nibo bazicara bakareba niba umutoza adafite ubushobozi cyangwa ari abakinnyi.”

Muri iyi mikino ibanza, ni kenshi abafana ba APR FC bagaragaje kutishimira umusaruro yabonye ndetse bakavuga ko ikibazo ari umutoza.

Ikipe y’Ingabo yasoje imikino ibanza iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 31, irushwa atanu na mukeba Rayon Sports.

Yatsinze imikino icyenda, inganya ine, itsinda ibiri. Yatsinzemo ibitego 18, yinjizwa umunani bityo izigamye ibitego 10.

Mu gutangira kwitegura imikino ibanza, APR FC yamaze kugura Abanya-Uganda babiri aribo Hakim Kiwanuka wakinaga muri Villa SC ndetse na Denis Omedi wa Kitara FC.

Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa yavuze ko abatekinisiye bayo aribo bazareba umusaruro w'umutoza Darko Nović
Umutoza wa APR FC, Darko Nović akomeje gushidikanywaho
Abafana ba APR FC bakomeje gusabira umutoza Darko Nović kwirukanwa
APR FC yasoje imikino ibanza itsindwa na Amagaju, bituma Rayon Sports ya mbere iyirusha amanota atanu
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza