IGIHE

Buri mukinnyi wa Uzbekistan yahembwe imodoka nyuma yo kubona itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026

0 11-06-2025 - saa 16:45, Byiringiro Osée Elvis

Perezida wa Uzbekistan, Shavkat Mirziyoyev, yahembye imodoka nshya abakinnyi, abatoza n’abandi bagize Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru yabonye itike y’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya mbere mu mateka.

Iyi kipe iheruka kubona itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 ubwo yatsindaga Qatar ibitego 3-0 ikaba iya kabiri mu Itsinda A n’amanota 21, nyuma ya Iran ya mbere ifite 23.

Mu rwego rwo kwishimira iyi ntsinzi y’amateka, Perezida wa Uzbekistan, Shavkat Mirziyoyev, yageneye ikipe yose, imodoka nshya zo mu bwoko bwa 40 BYD.

Uzbekistan yabaye igihugu cya 81 kizakina Igikombe cy’Isi. Kugeza ubu ibihugu 10 ni byo bimaze kubona itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 ari byo u Buyapani, New Zealand, Iran, Argentine, Uzbekistan, Autriche, Ecuador, Brésil na Koreya y’Epfo.

Ibyo byiyongeraho Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique bizakira iri rushanwa ku va tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 14 Nyakanya 2026. Ni ku nshuro ya mbere rizaba ryitabiriwe n’ibihugu 48.

Abagize Ikipe y'Igihugu ya Uzbekistan bahembwe imodoka nshya zo mu bwoko bwa BYD 40
Ikipe y'Iguhugu ya Uzbekistan yabonye itike y'Igikombe cy'Isi ku nshuro ya mbere mu mateka
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza