IGIHE

Amatora ya Komite Nyobozi ya FERWAFA yashyizwe muri Kanama

0 14-06-2025 - saa 12:37, Eric Tony Ukurikiyimfura

Mu gihe manda ya Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) biteganyijwe ko izarangira muri Kamena, abagize iyi komite bazakomeza gukora kugeza muri Kanama habaye amatora ashyiraho abayobozi bashya.

Iyi komite iyobowe na Munyantwali Alphonse, yatowe ku wa 24 Kamena 2023 kugira ngo irangize manda y’imyaka ine yari yatorewe Komite Nyobozi yari ikuriwe na Nizeyimana Olivier mu 2021.

Nubwo iyo myaka ibiri yari kurangira muri iyi Kamena, Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Kalisa Adolphe ‘Camarade’, yabwiye IGIHE ko amatora azaba muri Kanama kuberako Komisiyo y’Ubujurire y’Amatora yashyizweho muri uyu mwaka.

Ati “Nyuma yo gushyiraho Amategeko Shingiro mashya ya FERWAFA bisabwe na FIFA, badusubije ko yemewe ariko badusaba ko dushyiraho n’Amategeko agenga Amatora.”

Yakomeje agira ati “Twarayohereje, ariko mu biyigize harimo ko abagize Komisiyo y’Amatora kugira ngo batoreshe bagomba kuba bamaze amezi atandatu mu kazi kandi Komisiyo y’Amatora y’Ubujurire yatowe tariki ya 15 Gashyantare 2025, ni bwo yujujwe. Nubara amezi atandatu biraba muri Kanama. Abahari bazakomeza gukora kugeza igihe hazabera amatora.”

Bitandukanye n’uko byagenze mu 2023 aho buri wese yiyamamarizaga umwanya agiye kujyamo, mu matora ya FERWAFA ataha hazatorwa Perezida gusa, ahubwo we abe yaratanze urutonde rw’abo bazakorana.

Ubu buryo ni bwo bwakoreshwaga mbere nko ku gihe cya Nizeyimana Olivier mu 2021 na Brig Gen (Rtd) Sekamana Jean Damascène mu 2018.

Izindi mpinduka zizaba ni uko Komite Nyobozi ya FERWAFA izaba igizwe n’abantu 10 aho kuba 13. Ni nyuma y’uko Komisiyo ishinzwe Kumenyekanisha Ibikorwa no gushaka Inkunga, Komisiyo Ishinzwe Umutekano ku Mikino na Komisiyo ishinzwe Amakipe y’Igihugu zose zikuweho zikagira ahandi zimurirwa.

Abazaba bagize iyo Komite Nyobozi ni Perezida wa FERWAFA, Visi Perezida wa Mbere ushinzwe Imiyoborere n’Imari na Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe ibijyanye na Tekiniki.

Abandi ni Komiseri ushinzwe Imari, Komiseri ushinzwe gutegura Amarushanwa, Komiseri ushinzwe Tekiniki n’Iterambere rya Ruhago, Komiseri ushinzwe ibijyanye n’Amategeko n’Imiyoborere, Komiseri ushinzwe Ubuvuzi, Komiseri ushinzwe Iterambere ry’Umupira w’Amaguru w’Abagore na Komiseri ushinzwe Imisifurire.

Indi nkuru wasoma: Kongera kwiyamamaza, ruswa muri ruhago no guhanwa kwa Rayon Sports- Munyantwali wa FERWAFA yabivuzeho

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Kalisa Adolphe 'Camarade', yavuze ko amatora azaba ubwo Komisiyo y'Ubujurire y'Amatora izaba yujuje amezi atandatu itangiye inshingano
Komite Nyobozi ya FERWAFA iyobowe na Munyantwali Alphonse izakora kugeza muri Kanama habaye amatora
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza