IGIHE

Abasaza ba Rayon Sports biyamye ababavugaho ubusa

0 13-06-2025 - saa 08:54, Iradukunda Olivier

Abayobozi ba Rayon Sports FC bifashe amashusho bari gusangira, babwiza ukuri ababanenga, ibyo bise kuvuga "ubusa".

Ni amashusho yagiye hanze mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 12 Kamena 2025, bigaragara ko bari ahantu hasa nko mu kabari bari gusangira icupa, ndetse banaganira ku bibazo by’ikipe.

Mu bagaragara harimo Muvunyi Paul uhagarariye Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Perezida wayo, Twagirayezu Thaddée, Gacinya Chance Denis, Muhirwa Prosper, Rutagambwa Martin n’abandi.

Muri aya mashusho yafatwaga na Rutagambwa humvikanamo ijwi rya Muvunyi, avuga ko impamvu yo gukora ubugenzuzi ku mutungo w’ikipe ari ukugira ngo izindi nzego zizasange ari nta makemwa.

Ati “Buriya ubugenzuzi buba ari ngombwa kugira ngo n’izo za RGB [Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere], zize zisange abantu bari ku murongo.”

Nyuma yo gutangaza ibi, hakurikiyeho Rutagambwa yiyama abakomeza kubavuga ibitandukanye nyamara Rayon Sports ari ikipe y’ubuzima bwabo bwose.

Ati “Abantu mutwishyiramo muvuga ubusa turabiyamye, turabiyamye. Rayon Sports ni iyacu, twayibyirukiyemo iranaturera.”

Aya mashusho yagiye hanze mu gihe Komite Ngenzuzi y’iyi kipe yandikiye Inama y’Ubutegetsi y’Umuryango na Komite Nyobozi yawo, isaba ko haterana inama y’Inteko Rusange bitarenze uku kwezi.

Ni inama izaba igamije kwigira hamwe ingamba zo gukemura ibibazo biri mu miyoborere n’imari, mu rwego rwo kwirinda gushyira umuryango mu kaga.

Abayobozi ba Rayon Sports biyamye ababavugaho ubusa
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza