IGIHE

Abana 12 b’Abanyarwanda bagiye koherezwa mu mwiherero muri Arsenal

0 5-07-2025 - saa 11:33, Iradukunda Olivier

Abana 12 batoranyijwe mu bandi 150 hagamijwe kurebamo abafite impano y’umupira w’amaguru kurenza abandi, bagiye kujya mu mwiherero wa Arsenal isanzwe ifitanye imikoranire na Leta y’u Rwanda.

Ku wa Gatanu, tariki ya 4 Nyakanga 2025, ni bwo habayeho irushanwa rihuza abana batoranyijwe babarizwa mu irerero rya FTPR Lions Academy rikorera muri Green Hills Academy n’abandi b’amarerero yo mu Mujyi wa Kigali.

Hateguwe amarushanwa ahuza abana bose, bakina hagati yabo kugira ngo abatoza barebe aho imyiteguro igeze ku bazajya mu Bwongereza mu cyumweru gitaha.

Shining Football Academy yegukanye iri rushanwa mu bana batarengeje imyaka icyenda, mu gihe Irerero rya FTPR Lions Academy ari ryo ryatwaye iri rushanwa nyuma yo guhiga andi arimo Agaciro Football Academy, Centre Gikondo na Esperance Football Academy.

Nyuma yo kwegukana ibikombe, abana 12 batoranyijwe bazerekeza mu Bwongereza mu mwiherero wa Arsenal uzamara ibyumweru bitatu, babifashijwemo n’ibigo by’amashuri bya Green Hills Academy na Kigali International Community School.

Umuyobozi wa FTPR Lions Academy, Mbabazi Alain, yavuze ko intego y’irushanwa yagezweho, abana bazoherezwa bakaba bitezweho kwitwara neza Arsenal ikaba yanabagumana kuko na byo bishoboka.

Mbabazi Alain yagaragaje ko abana bazagenda hari icyizerere ko bazitwara neza
FTPR Lions Academy yegukanye igikombe cy'abatarengeje imyaka 11
Abana bazitwara neza mu mwiherero wa Arsenal bashobora kugumana na yo
Abana b'irerero rya Shining Football Academy ni bo bahataniye iri rushanwa
Abana bakinnye ni abari munsi y'imyaka icyenda ndetse no munsi y'imyaka 11
Abana bafite impano babonetse binyuze mu irushanwa ryahuje amarerero atandukanye
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza