IGIHE

Abakinnyi n’abatoza bakomeye bitabiriye umuhango wo gushyingura Diogo Jota (Amafoto)

0 5-07-2025 - saa 16:46, IGIHE

Abakinnyi batandukanye barimo abakinanaga na Diogo Jota muri Liverpool n’Ikipe y’Igihugu ya Portugal, bitabiriye umuhango wo gusezera bwa nyuma kuri uyu mukinnyi n’umuvandimwe we André Silva baheruka kugwa mu mpanuka y’imodoka yabaye ku wa Kane.

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa Gatandatu, wabereye mu mujyi wa Gondomar aho habanje misa yo kubasezeraho bwa nyuma.

Kapiteni wa Liverpool, Virgil Van Dijk, umunyezamu Caoimhin Kelleher n’umutoza Arne Slot bari mu babanaga na Jota baje kumuherekeza we na murumuna we André Silva.

Aba bakinnyi bo muri Premier League bari bafite indabo ebyiri ziri mu mabara y’umutuku mu ishusho y’umupira wo kwambara, bazinjira muri shapele ahabereye misa.

Ururabo rwari rufitwe na Van Dijk rwari rwanditseho umubare 20 mu ndabo z’umweru, umubare ugaragaza nimero yambarwaga na Jota muri Liverpool.

Urundi rwariho umubare 30, nimero yambarwaga n’umuvandimwe wa Jota wakiniraga FC Peñafiel yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Portugal.

Mu bandi bitabiriye uyu muhango harimo Rute Cardoso wari umaze ibyumweru bibiri gusa asezeranye na Jota, abana batatu bari bafitanye, ababyeyi b’uyu mukinnyi n’abatuye muri Gondomar.

Mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ya Portugal bitabiriye harimo Bernardo Silva na Bruno Fernandes, bombi bakina muri Premier League mu Bwongereza.

Jota w’imyaka 28 na André Silva w’imyaka 26, bakoze impanuka ku wa Kane ubwo bari muri Espagne bagiye gufata ubwato bubajyana mu Bwongereza, imodoka ya Lamborghini bari barimo irenga umuhanda irashya irakongoka.

Umukinnyi Andre Silva yaje gushyingura bazina we na mukuru we Jota
Darwin Nunez (ibumoso) na Federico Chiesa (iburyo) bari mu bakinnyi bitabiriye uyu muhango
Virgil van Dijk na Andrew Robertson bakinira Liverpool, bafite indabo ziriho nimero zambarwaga na Jota na murumuna we
Ubwo isanduku ya Jota n'iya Andre Silva zinjizwaga mu kiliziya
Perezida wa FC Porto, Andre Villas Boas (wa kabiri uturutse ibumoso) na we yitabiriye umuhango wo gushyingura Jota n'umuvandimwe we
Umutoza wa Liverpool, Arne Slot n'Umuyobozi Mukuru w'iyi kipe, Billy Hogan, bari mu bitabiriye uyu muhango
Jordan Henderson, Alexis Mac Allister na James Milner bari bitabiriye
Jorge Mendes washakiraga Jota amakipe, yari afite agahinda kenshi
Jota Silva yageze ku kiliziya yitwaje indabo
Nelson Semedo n'umugore we bitabiriye umuhango wo gushyingura Jota na murumuna we
Umugore wa Diogo Jota, Rute Cardoso, yari afite agahinda kenshi ubwo umugabo we na murumuna we bajyanwaga gushyingurwa
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza