IGIHE

FERWAFA yatangije umwiherero w’abanyeshuri b’abakobwa bakina umupira w’amaguru (Amafoto)

0 14-04-2025 - saa 21:52, IGIHE

Ku nshuro ya mbere, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Imikino mu Mashuri (FRSS), ryateguye umwiherero w’abanyeshuri b’abakobwa bakina umupira w’amaguru, witabiriwe n’abana 60 barimo 30 batarengeje imyaka 15 na 30 batarengeje imyaka 17.

Uyu mwiherero wa “FIFA Talent Development Scheme”, uri kubera muri Ishuri rya Petit Séminaire Baptiste ryo mu Karere ka Huye kuva tariki ya 14 kugeza ku ya 18 Mata 2025, abakinnyi bifashisha ibibuga byaho birimo Stade Kamena.

Komiseri ushinzwe Iterambere ry’Umupira w’Amaguru w’Abagore muri FERWAFA, Munyankaka Ancille, yavuze ko abana bitabiriye uyu mwiherero ari “abakobwa babarizwa mu bigo by’amashuri bitandatu byatoranyijwe, byibanda cyane ku mupira w’amaguru, kugira ngo bazamurirwe urwego”.

Yakomeje agira ati “Bazamara icyumweru hano aho bafite abatoza babihuguriwe bari kubafasha kugira ngo tumenye impano zabo, tubafashe kuzamura urwego. Twagiye dufata abana 10 muri buri kigo, harimo batanu batarengeje imyaka 15 n’abandi batanu batarengeje imyaka 17.”

Uyu muyobozi yongeyeho ko iki gikorwa cyitezweho umusaruro ukomeye mu myaka iri imbere, aho abana bari kuzamurirwa urwego binyuze muri uyu mwiherero bari mu bazashingirwaho mu kuzamura urwego rw’abandi no kubona amakipe y’igihugu ejo hazaza.

Ati “Mbere twagira Isonga, ubu twashyizeho ibigo by’icyitegererezo aho dushyira abana bahagaze neza. Buri mwana bamukorera ifishi ye, bagakurikirana urwego rwe. Mu gihe kizaza hazaba irushanwa rya bya bigo bitandatu, aba bari hano ni bo bazafasha bagenzi babo. Twizeye ko bizatuma tubona abashobora guserukira u Rwanda kandi bakitwara neza.”

Aba bakinnyi bitabiriye ni abaturutse muri ‘centre’ ya ETEFOPE TSS, Center for Champions TSS, Remera Rukoma, APAER, Petit Séminaire Baptiste na TTC/Gacuba II/A aho baherekejwe n’abatoza babo babana umunsi ku munsi ku mashuri.

Bazirake Hamimu ni umwe mu batoza bari gufasha aba bana. Yavuze ko abitabiriye ari abagaragaza impano yo gukina umupira w’amaguru kurusha abandi, ndetse bateganya ko bazajya bakomeza gukurikiranwa muri buri biruhuko.

Ati “Twatoranyije abafite impano kurusha abandi aba ari bo tuzana muri uyu mwiherero. Ugamije kugira ngo tubongerere ubumenyi ku bwo bari bafite, bagire aho bagera, amakipe y’igihugu abe yabitabaza. Iminsi itanu ntabwo twavuga ko ihagije, ariko hari icyo baba bakoze. Turateganya ko muri buri biruhuko tuzajya dutegura umwiherero kugira ngo twongere bwa bumenyi bafite.”

Yakomeje agira ati “Ni byo ku ishuri bitozaga, ariko bakeneye ubundi bumenyi, abatoza babo na bo ni uko, ubu bari guhabwa amahugurwa ya Licence C ya CAF kugira ngo turebe ko ibyo bari kwiga bashobora kubishyira mu bikorwa.”

Umuyobozi ushinzwe Tekinike mu Ishyirahamwe ry’Imikino n’Umuco mu Mashuri (FRSS), Habiyambere Emmanuel, yavuze ko bishimiye kuba iki gikorwa cyatangiye kuba kuko kizafasha mu kugaragaza impano ziba mu mashuri.

Biteganyijwe ko FERWAFA izategura n’umwiherero uzahuza abahungu mu bindi biruhuko by’amashuri bizaba ku mpera z’umwaka w’amashuri.

Komiseri ushinzwe Iterambere ry’Umupira w’Amaguru w’Abagore muri FERWAFA, Munyankaka Ancille, aganiriza abana bitabiriye uyu mwiherero
Bazirake Hamimu yavuze ko abakobwa bitabiriye uyu mwiherero bazakomeza gukurikiranwa kugira ngo bazavemo abakinnyi b'amakipe y'igihugu ejo hazaza
Habiyambere Emmanuel ushinzwe Tekinike muri FRSS, yavuze ko ibikorwa nk'ibi bigaragaza impano ziri mu mashuri
Uyu mwiherero watangiye ku wa Mbere, uzasozwa ku wa Gatanu
Higiro Thomas ari gutoza abanyezamu bitabiriye uyu mwiherero
Bamwe mu bakobwa bari mu cyiciro cy'abatarengeje imyaka 17
Abakobwa 30 ni bo bitabiriye uyu mwiherero mu batarengeje imyaka 15
Mu cyiciro cy'abatarengeje imyaka 17, na ho umwiherero witabiriwe n'abana b'abakobwa 30
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza