IGIHE

IGP Namuhoranye yashimiye ubufatanye bwa Afurika mu kwicungira umutekano

0 22-06-2025 - saa 22:29, Twagirayezu Patrick

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, yashimye ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’ibindi bihugu bya Afurika mu kongera ubumenyi n’ubunyamwuga mu gucunga umutekano.

Ibi yabigarutseho ubwo yari mu birori byo gusangira byabereye mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo gusoza amasomo y’abapolisi bakuru bigaga mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda.

Ayo masomo ya ‘Police Senior Command and Staff Course (PSCSC)’ yari icyiciro cya 13, aho yagenewe ba ofisiye bakuru bari bagizwe n’abanyeshuri 34.

Abo barimo Abanyarwanda 20 n’abandi 14 baturutse mu bihugu umunani bya Afurika, hagamijwe kubaka ubushobozi mu buyobozi no kwimakaza imikorere ishingiye ku bunyamwuga.

IGP Namuhoranye yashimiye ibihugu byagize uruhare muri aya mahugurwa bifatanyije na Polisi y’u Rwanda, yerekanda ko ari intambwe ikomeye mu kongera ubushobozi no kwimakaza ubunyamwuga mu nzego z’umutekano zo muri Afurika.

Yakomeje ati “Aya masomo afite akamaro kanini kuko afasha mu kongera ubumenyi, guteza imbere ubushobozi no gushimangira ubufatanye bushingiye ku ntego zihuriweho”

Mu bandi bitabiriye ibi birori harimo Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, Janet Mwawasi Oben, Umuyobozi wa Polisi ya Kenya, Douglas Kanja Kirocho, uw’iya Sudani y’Epfo, Gen Abraham Manyuat Peter n’abandi bayobozi bo mu nzego z’umutekano zo mu bihugu byohereje abanyeshuri.

Abanyeshuri basoje amasomo bari bamaze umwaka biga uko ari. Abanyarwanda bari 20 bo muri Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano n’Iperereza .

Muri abo kandi harimo abanyamahanga 14 bo mu bihugu umunani birimo Botswana, Repubulika ya Centrafrique, Kenya, Lesotho, Malawi, Namibia, Somalia na Sudani y’Epfo.

IGP Namuhoranye yashimiye ubufatanye bw'ibihugu bya Afurika mu kwicungira umutekano
Abapolisi bakuru baturutse mu bihugu icyenda bari bamaze umwaka bahabwa amasomo azabafasha gukora akazi kabo neza
Abapolisi bakuru basoje amasomo bari 34 bo mu bihugu byo muri Afurika
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza