Hashize iminsi hari impaka mu Banyarwanda, zahereye mu Nteko Ishinga Amategeko ku bijyanye n’ubwitabire bwo gutwika imirambo mu Rwanda aho kuyishyingura mu buryo busanzwe, hagamijwe kubungabunga imikoreshereze myiza y’ubutaka.
Gutwika imirambo hashize imyaka icumi byemewe mu mategeko y’u Rwanda ariko ababyitabira ni hafi ya ntabo kuko mu muco nyarwanda bitarumvikana neza.
Abashyigikiye ko byatangira gukoreshwa, bagaragaza ko ari bwo buryo bwiza budasaba ubutaka bunini, kandi ntibuhende abasigaye nk’uko bigenda ku marimbi asanzwe.
Impaka zirakomeje ndetse bigaragara ko zidateze kurangira ubu. Ikituzinduye ubu ni ugusubiza iki kibazo: Ubundi aho gutwika imirambo bimenyerewe, bigenda gute?
Kurikira icyegeranyo
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!