Komisiyo ishinzwe guharanira ko abantu bose bagira amahirwe angana yategetse ishuri ryitwa Medical Laboratory Training School muri Jinja gusubiza mu ishuri umukobwa witwa wari wirukanwe, akabuzwa gukora ikizamini cya nyuma azira ko atwite.
Sarah Namukisa yirukanwe hagendewe ku mabwiriza y’ikigo avuga ko umukobwa utwite agomba kwirukanwa.
Iyi komisiyo yavuze ko uyu munyeshuri uri mu mwaka wa nyuma w’amashuri yabujijwe gukora ikizamini cya nyuma giteganyijwe ku wa 13 Kamena.
Yasabye ishuri kureka umwana agakora ikizamini kandi rigahagarika ibikorwa byose bigamije kumuhana kugeza igihe izarangiriza iperereza kuri iki kibazo.
Muri Uganda abakobwa benshi bata ishuri ni ababa batwaye inda kuko bangana na 30%.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!