IGIHE

Amb. Rwamucyo yashyikirije Perezida Ruto impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Kenya

0 4-06-2025 - saa 18:19, Jean de Dieu Tuyizere

Ambasaderi Rwamucyo Ernest kuri uyu wa 4 Kamena 2025 yashyikirije Perezida Dr. William Samoei Ruto kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Kenya.

Ubwo yakirwaga mu biro bya Perezida wa Kenya, yabanje kugeza kuri Ruto indamutso za Perezida Paul Kagame ndetse n’Abanyarwanda muri rusange.

Uyu mudipolomate yabwiye Perezida Ruto ko azirikana umubano mwiza w’amateka u Rwanda rufitanye na Kenya, ushingiye ku bwubahane, indangagaciro zihuriweho n’icyerekezo kimwe cy’amahoro, iterambere n’ukwishyira hamwe kw’akarere.

Yagize ati “Nizeye ko nzakora neza inshingano yo kongerera imbaraga umubano by’ibihugu byombi, ukagera ku rwego rwisumbuyeho.”

Ashingiye ku bufatanye bw’ibihugu byombi mu bucuruzi, ibikorwaremezo, uburezi, umutekano n’imigenderanire y’abaturage, yagaragaje ko Kenya ari umufatanyabikorwa w’ingenzi.

Ambasaderi Rwamucyo yagaragaje ko azakorana n’abo muri Guverinoma ya Kenya, abikorera ndetse na za sosiyete sivile, hagamijwe kugira ngo ibihugu byombi bigere ku ntego bihuriyeho.

Uyu mudipolomate yasimburanye na Ambasaderi Ngoga Martin uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye.

Perezida William Ruto yakiriye Ambasaderi Rwamucyo ku biro bye
Ambasaderi Rwamucyo yaherekejwe n'abayobozi muri Ambasade y'u Rwanda muri Kenya
Ambasaderi Rwamucyo yagejeje kuri Perezida Ruto indamutso za Perezida Kagame n'Abanyarwanda
Yashyikirije Perezida Ruto impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Kenya
Ambasaderi Rwamucyo yahize umuhigo wo kongerera imbaraga umubano w'u Rwanda na Kenya
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza