Perezida Paul Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Mozambique, Filipe Nyusi uri i Kigali mu nama ihuje abayobozi b’ibigo byo muri Afurika, Africa CEO Forum.
Abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku gukomeza guteza imbere umubano mwiza hagati y’u Rwanda na Mozambique, nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byabitangaje binyuze kuri X.
U Rwanda na Mozambique bifitanye umubano mwiza aho ingabo z’u Rwanda guhera mu 2021, zoherejwe mu ntara ya Cabo Delgado muri icyo gihugu, gufasha ingabo za Mozambique guhangana n’ibyihebe byayogoje ako gace.
Kuva ingabo z’u Rwanda zahagera, zatanze umusaruro kuko uduce twinshi umutekano wagarutse abaturage bagasubira mu byabo, mu gihe ibyihebe byahungiye mu mashyamba, bamwe bakicwa abandi bagafatwa mpiri.
Ibihugu byombi kandi bifitanye umubano mwizamu bijyanye n’ishoramari aho bamwe mu bashoramari bo mu Rwanda batangiye kubengukwa amahirwe ari muri Mozambique.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!