IGIHE

Winner Rwanda yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

0 14-05-2025 - saa 14:58, Léonidas Muhire

Mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, abakora muri Sosiyete ya Winner Rwanda ikora ibijyanye n’imikino y’amahirwe basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, bunamira Abatutsi bahashyinguwe.

Basuye ibice bitandukanye bigize Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi banasobanurirwa amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuyobozi Mukuru wa Winner Rwanda, Shaul Hatzir, yavuze ko gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ari umwanya wo kurinda amateka y’ahahise no kwigisha urubyiruko kutazayasubira.

Yagize ati “Urwibutso ni ahantu h’icyubahiro harinda ukuri ku mateka yacu, hakanigisha ab’ejo hazaza uko hakwirindwa ko ayo mateka yasubira ukundi.”

Abakozi ba Winner Rwanda biyemeje kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside aho iva ikagera no kwimakaza umuco w’amahoro no kunga ubumwe.

Muri icyo gikorwa cyo kwibuka kandi ubuyobozi bwa Winner Rwanda bwageneye inkunga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yo kurushyigikira mu bikorwa bitandukanye.

Abakora muri Winner Rwanda basuye ibice bitandukanye by'Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Abakora muri Winner Rwanda bashyize indabo ku mva ishyinguwemo Abatutsi barenga ibihumbi 250 iri mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Winner Rwanda yateye inkunga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Umuyobozi Mukuru wa Winner Rwanda, Shaul Hatzir, yavuze ko Urwibutso rwa Jenoside ari ahantu hafasha kurinda amateka mabi y’ahahise no kwigisha ab’ahazaza kutazayasubira
Abakozi ba Winner Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza