Umusore w’imyaka 22 wo mu Karere ka Karongi yitabye Imana nyuma yo gukubitwa ikintu mu mutwe bikozwe na mugenzi we bakoranaga ubucukuzi butemewe bapfuye telefone.
Uru rugomo rwabereye mu kabari ko mu Mudugudu wa Ndago, Akagari ka Muhororo, Umurenge wa Murambi ku wa 12 Gicurasi 2025.
Ubwo bari muri ako kabari, umusore w’imyaka 32 yashyamiranye na mugenzi we wamushinjaga ko yamwibiye telephone.
Nyuma yo kuva mu kabari abasore babiri bagenze runono nyakwigendera ageze hafi y’iwabo bamukubita ikintu mu mutwe.
Abaturanyi bahise bahurura, uwakubiswe ajyanwa mu Bitaro bya Kilinda, na byo bimwohereza mu Bitaro bya CHUK ari na ho yaguye ku wa 13 Gicurasi 2025.
Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murambi, Kuzabaganwa Vedaste yabwiye IGIHE ko mu gitondo cyo ku wa 14 Gicurasi ahagana saa kumi z’igitondo ari bwo bamenye ko uwakubiswe yapfuye.
Ati “Turihanganisha umuryango wa nyakwigendera, ikindi ni ukwibutsa abaturage ko gukora ubucukuzi nta byangombwa bitemewe, icya gatatu ni ugukangurira abaturage kwirinda urugomo abagize icyo batumvikanaho bakagana ubuyobozi tukabafasha kugikemura bitabaye ngombwa ko yihanira”.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!