Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi yatangaje ko igihugu cye gishobora kohereza ingabo muri Syria, gufasha iza Leta zihanganye n’inyeshyamba.
Abbas Araghchi yatangaje ko igihe cyose Syria izabisaba, nta kabuza bazayitera ingabo mu bitugu.
Yagize ati “Guverinoma ya Syria nisaba Iran kuyoherereza ingabo, tuzabirebaho.”
Inyeshyamba zishyize hamwe mu cyiswe HTS, guhera mu cyumweru gishize zatangije ibitero bikomeye ku birindiro by’ingabo za Syria mu bice byo mu Majyaruguru.
Abbas Araghchi yavuze ko badatabaye ngo imirwano ihagarare, byagira ingaruka mu bindi bihugu bituranye na Syria birimo Turukiya, Iraq, Jordanie n’ibindi.
Mu gihe bivugwa ko izo nyeshyamba zatangije ibitero zishyigikiwe na Turukiya, Iran yatangaje ko ishaka kuganiriza icyo gihugu ku buryo ibibazo bikemuka mu bwumvikane.
U Burusiya nicyo gihugu kiri gufasha Syria guhangana n’inyeshyamba ndetse kimaze iminsi cyohereza indege z’intambara zo gutsinsura inyeshyamba.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!